Abasirikare batatu muri batanu baregwa gufata ku ngufu barekuwe

Urukiko rwa gisirikare kuri uyu wa Gatanu rwafashe icyemezo ku bujurire bw’abasirikare mu ngabo z’igihugu bashinjwa ibyaha byo gufata ku ngufu abagore, gukubita abaturage no guta akazi.

Urukiko rwategetse ko babiri bakomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo n’aho abandi batatu bakarekurwa kuko nta bimenyetso bifatika by’ibyo baregwa.

Ku wa 13 Gicurasi 2020 nibwo Urukiko rwa Gisirikare rwari rwafashe umwanzuro wo gufunga mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo, abasirikare batanu n’umusivili umwe. Ni umwanzuro abasirikare bahise bajuririra.

Abaregwa ni Pte Ndayishimiye Patrick, Pte Nishimwe Fidèle, Pte Gatete François, Pte Gahirwa John, Pte Twagirimana Theonetse n’umusivile witwa Ntakazirabo Donat.

Bakurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato no guta inshingano, bivugwa ko babikoreye mu Mudugudu wa Kangondo ya II mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.

Urukiko rwategetse ko John Gahirwa, Theoneste Twagirimana na François Gatete barekurwa.

Abakomeje gufungwa ni Patrick Ndayishimiye na Fidele Nishimwe, kuko bakurikiranweho kuba barakoze icyaha cyo gufata abagore ku ngufu. Rwategetse ko bakomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe hakomeje irindi perereza.

Abatangabuhamya bavuga ko uwitwa Patrick Ndayishimiye ariwe wagenzuriraga uwitwa Fidele Nishimwe, mu gihe yabaga arimo gufata ku ngufu uwitwa Chantal Uwamariya na Cyuzuzo. Ibi byabaye kuva tariki 12 kugeza kuri 18 Werurwe uyu mwaka.

Umusifilive witwa Rajab’ Ntakaziraho we ntiyigeze ajuririra gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Isooko: Igihe

LEAVE A REPLY