Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko (imitwe yombi) imiterere y’icyorezo cya Covid-19 nyuma y’amezi ane kimaze kigeze mu Rwanda.

Dr. Ngirente avuga ko iterambere ry’inzego hafi ya zose z’ubuzima bw’igihugu ryasubiye inyuma, ku buryo ubukungu bwari kuba buzamuka ku rugero rurenze 8%, ubu burimo kuzamuka kuri 2%.

Yagaragaje ingero z’ahantu ubukungu bwadindiye cyane, aho inama 70 zimaze guhagarikwa, bikaba byarateje igihombo kingana n’amadolari ya Amerika miliyoni 80, akaba asaga miliyari 79 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yakomeje asobanura ko ihagarikwa ry’ingendo z’indege ryahombeje igihugu amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari umunani.

Mu mwaka wa 2020-2021 mu Rwanda hari hateganyijwe ingendo z’indege ibihumbi 27, ariko ngo hakozwe izirenga ibihumbi 22 gusa.

Minisitiri w’Intebe avuga ko mu misoro n’amahoro igihugu kimaze guhomba miliyari 86 z’amafaranga y’u Rwanda, kandi ko muri uyu mwaka na bwo hashobora kubaho igihombo cya miliyari 55Frw.

Serivisi zo gutanga ingufu zahombye miliyari zirenga enye, ndetse n’itangwa ry’amazi ngo ryungutse amafatanga y’u Rwanda miliyoni 900 nyamara hari hateganyijwe arenga miliyari ebyiri.

Dr. Ngirente avuga ko kuva aho ibikorwa by’ubukerarugendo bisubukuriwe, ubu hamaze kuboneka ba mukerarugendo 1,176 basuye u Rwanda, ndetse n’abashyitsi barenga 3,000 muri rusange.

Minisitiri w’Intebe yatangaje ko ikigega nzahurabukungu kizamara imyaka ine cyatangiranye amafatanga y’u Rwanda miliyari 100.

Amahoteli n’ibindi bigo biteza imbere ubukerarugendo ni byo bizagenerwa menshi angana na miliyari 50Frw, ibigo binini bikazahabwa miliyari 30Frw, ibigo bito byo bikazagenerwa miliyari 15 Frw.

Isooko: Kigali Today

LEAVE A REPLY